Nyagatare: Umwana yaguye muri yorodani ya ADEPR arapfa

Kuri uyu wa kane, Tariki 15 Kanama 2024 nibwo umwana w’imyaka ibiri yaguye muri yorodani(Aho babatiriza) y’Itorero ADEPR Rukomo, mu karere ka Nyagatare, bamukuramo yitabye Imana. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukomo, Ingabire Marie Claire yabwiye Radio Ishingiro dukesha iyi nkuru ko uyu mwana yaguye muri Yorodani ubwo yari aciye Mama wari waje gusenga.

Yagize ati: Yaguyemo ahagana saa Sita z’amanywa. Kubera kuri urwo rusengero hari habaye umubatizo bashyizemo amazi kuko ubusanzwe ntibayashyiramo iyo batari bubatize. Nyuma byarangiye umwana acika nyina bari bazanye gusenga amusiga mu rusengero, aragenda yikubitamo bamukuramo yitabye Imana.

Gitifu Ingabire yakomeje yihanganisha umuryango wabuze umwana. Asaba Ababyeyi kwita ku burere  bw’abana babo, bagakurikirana ibyo bakora byose mu rwego kwirinda ko hari ikibi cyababaho.




@igicumbinews.co.rw

Kanda hasi ukurikire ibiganiro tukugezaho ku Igicumbi News Online TV:

About The Author