Paul Pogba yavuze ko agiye kurega abamutangajeho ibinyoma

Paul Pogba, umukinnyi wo hagati wa Manchester United n’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa, avuga ko agiye kurega mu nkiko kubera amakuru y'”ibinyoma uko yakabaye yose” avuga ko agiye kureka gukinira Ubufaransa.

Byatangajwe ko Pogba w’imyaka 27, agiye kureka gukinira ikipe y’igihugu y’Ubufaransa kubera amagambo yavuzwe na Perezida Emmanuel Macron ku idini ya Isilamu.

Pogba usanzwe ari umuyisilamu, amaze gukinira ikipe y’igihugu y’Ubufaransa imikino 72 atsindamo ibitego 10.

Yagize ati: “100% ni amakuru adafite ishingiro na busa arimo gukwirakwizwa kuri jyewe, avuga ibintu ntigeze na rimwe mvuga cyangwa ntekereza”.

Mu butumwa yatangaje kuri Instagram, yavuze ko “atewe ubwoba, ababajwe, yaguye mu kantu kandi yabihiwe” kubera ibitangazamakuru bimwe “bimukoresha mu kwandika imitwe y’inkuru y’ibinyoma”.

Yavuze ko ibyo binyamakuru “byongeraho ikipe y’igihugu y’Ubufaransa n’idini ryanjye bikabishyira mu gatebo kamwe”.

Yagize ati: “Namagana iterabwoba n’urugomo aho biva bikagera”.

“Ikibabaje, ni uko abanyamakuru bamwe bandika bakora mu buryo budashyira mu gaciro iyo barimo kwandika amakuru, bakoresha nabi ubwisanzure bwabo bw’itangazamakuru, ntibagenzure ibyo bandika cyangwa bagiye gusubiramo…

“bagatuma habaho uruhererekane rw’impuha batitaye ku kuba ibyo bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu no ku buzima bwanjye”.

“Ngiye kurega mu nkiko abatangaje n’abakwirakwije aya makuru y’ibinyoma 100%”.

@igicumbinews.co.rw