Perezida Kagame yakiriye Perezida Tshisekedi i Rubavu

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, watangiye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye ku Mupaka wa La Corniche mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Kamena 2021.




Ahagana saa Sita na 54 ni bwo Perezida Tshisekedi yakandagiye ku butaka bw’u Rwanda avuye mu Mujyi wa Goma.

Nyuma yo kwakirwa i Rubavu, Perezida Tshisekedi yahise atwarwa mu modoka na Perezida Kagame, berekeza muri uyu mujyi aho bagiye gusura ibikorwa remezo byangijwe n’imitingito yakurikiye iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo ryabaye ku wa 22 Gicurasi 2021.




Perezida Kagame ni we watwaye Tshisekedi mu modoka yashyizweho amabendera abiri y’ibihugu byombi. Basuye imihanda itandukanye irimo n’uri mu marembo y’Ikigo cya TTC Gacuba, wafunzwe ndetse ukaba udakoreshwa n’imodoka kuko wangiritse.

Aba bombi bakihagera bavuye mu modoka, bahamara nk’iminota itanu mbere yo gukomereza kuri Serena Hotel mu Karere ka Rubavu aho biteganyijwe ko bagirira ibiganiro byihariye byibanda ku kurushaho kunoza umubano uhuriweho.




Iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo ryakangaranyije ubuzima bw’abatuye Umujyi wa Goma ndetse benshi bahungira mu Rwanda aho bakiriwe neza ndetse mu buhamya bwabo bagaragaje ko banyuzwe n’urugwiro beretswe n’abaturanyi.

Usibye abaturage bavuye mu byabo kubera iruka rya Nyiragongo, imitingito yakurikiyeho yangije ibikorwa remezo bitandukanye birimo imihanda, ibitaro, ndetse inasenya inzu z’abaturage.

Kugeza ubu ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abafatanyabikorwa bako, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), Minisiteri y’Ibikorwa Remezo hari gukusanywa ubushobozi bwo kuvugurura iyo mihanda yacitse ndetse hari ahatangiye gusanwa.

Iyi mitingito kandi yatanze umukoro ku Karere ka Rubavu ahanini bigendanye n’igishushanyo mbonera cyako nk’Umujyi wunganira uwa Kigali, aho kigiye kuvugururwa kugira ngo hubakwe inzu zishobora guhangana n’ibyo biza.

@igicumbinews.co.rw 

Kanda hasi ukurikire ibiganiro tukugezaho kuri Igicumbi News Online TV: