Rayon Sports yabonye intsinzi mu gihe Apr FC yatsikiye

Ibitego bya Yannick Bizimana na Mugisha Gilbert bihesheje intsinzi Rayon Sports y’ibitego 3-0 imbere ya Espoir FC mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona.

Wari umukino w’umunsi wa 18 Rayon Sports yagiye gukina ibura abakinnyi bagera kuri 6 barimo umunyezamu Kimenyi Yves, Iranzi Jean Claude, Radu, Sugira, Soter na Dagnogo.

Ibi byatumye umutoza Alain Kirasa akora impinduka zisa n’izitunguranye aho na Mirafa na Saidi bari basanzwe babanza mu kibuga yababanje hanze.

Umwana w’imyaka 17 Axel yari yagiriwe icyizere cyo kubanza mu kibuga mu mwanya wa Radu.

Habimana Hussein na we yari yabanje mu kibuga nyuma y’igihe kirekire.

Rayon Sports yatangiye isatira cyane yaje kubona igitego cya mbere ku munota wa 2 gitsinzwe na Yannick Bizimana.

Abasore ba Rayon Sports bakomeje gusatira cyane ndetse bagenda babona amahirwe ariko Yannick Bizimana wari uyoboye ubusatirizi bwa Rayon Sports agenda ayahusha husha.

Ku munota wa 21, Yannick yaje gutsinda igitego cya 2 ku mupira yari ahawe na Ciza Hussein.

Umukino wahise uhagarara kuko ubwo batsindaga iki gitego bagonze umunyezamu agira ikibazo ahita anasimburwa, umukino wongeye gusubukurwa ku munota wa 33. Igice cya mbere cyarangiye ari 2-0.

Mu gice cya kabiri Rayon Sports yakoze impinduka havamo Ciza hinjiramo Mugisha Gilbert ni mu gihe ku munota wa 73 Rugwiro Herve yinjiraga mu kibuga asimbuye Axel, akaba ari n’umukino we wa mbere nyuma yo gufungurwa.

Rayon Sports yakomeje gushaka uburyo yongera umubare w’ibitego maze ku munota wa 87, Mugisha Gilbert atsinda igitego cya 3 ku ishoti rikomeye ry’imoso yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina.

Ni mu gihe Apr FC yanganyije na Etincelles kimwe kuri kimwe.

Wari umukino w’umunsi wa 18 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu uyu munsi saa 15:00’.
APR FC yatangiye umukino ishaka igitego hakiri kare kugira ngo ikomeze inashimangire ko ikeneye gutwara igikombe idatsinzwe..

Iyi kipe itaratsindwa umukino n’umwe muri shampiyona, yaje kubona igitego ku munota wa 20 gitsinzwe na Nshuti Innocent.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, myugariro wa Etincelles, Akayezu Jean Bosco yaje kubona ikarita itukura ku ikosa yari akoreye Manzi Thierry. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.

N’ubwo Etincelles FC yari abakinnyi 10, APR FC ntiyorohewe mu gice cya kabiri kuko yashakishije igitego cya kabiri kugira ngo yiziere umutekano w’intsinzi ariko kikabura.

Ibi byaje gutuma Etincelles FC ibishyura igitego ku munota wa 90 maze umukino urangira ari 1-1. Ibi bikaba byahise bigabanya ikinyuranyo cy’amanota yasigaga Rayon Sports.

Mu y’indi mikino y’umunsi wa 18 yabaye, ejo Bugesera FC yanganyije na AS Kigali 0-0, uyu munsi Marines yanganyije na Heroes 0-0.

Shampiyona izamokomeza ejo Sunrise yakira Kiyovu Sports, Gasogi United yakire AS Muhanga, Musanze yakire Mukura VS ni mu gihe Gicumbi izakira Police FC.

APR FC yakomeje ku mwanya wa 1 n’amanota 42, Rayon Sports ya kabiri ikagira 38, Police FC ikagira 34 mu gihe Mukura VS ifite 28.

@igicumbinews.co.rw