Tumwe mu duce two muri Kigali,Nyamagabe na Nyamasheke twakuwe muri Guma mu rugo

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko uduce twose twari muri Guma mu Rugo muri Kigali, Nyamasheke na Nyamagabe twayivuyemo uretse Umudugudu umwe wo muri Nyamagabe ubarizwamo inkambi ya Kigeme.

Itangazo rya MINALOC riravuga ko hashingiwe ku busesenguzi bwakozwe n’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya Coronavirus mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Nyamasheke na Nyamagabe, hemejwe ko guhera kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2020 ibice bikurikira bikuwe muri Guma mu Rugo:

Mu Mujyi wa Kigali hari imidugudu ya Indamutsa, Intiganda na Tetero y’Akagari ka Tetero, Umurenge wa Muhima, mu Karere ka Nyarugenge.

Mu Karere ka Nyamagabe, Akagari ka Kigeme ko mu Murenge wa Gasaka kakuwe muri Guma mu Rugo usibye umudugudu umwe wa Gakoma.

Muri ako Karere, Akagari ka Ruhunga ko mu Murenge wa Kibirizi na ko kakuwe muri Guma mu Rugo.

Mu Karere ka Nyamasheke, utugari twose (Mubuga, Gitwa, Butare na Jarama) two mu Murenge wa Gihombo na two twakuwe muri Guma mu Rugo.

@igicumbinews.co.rw