Ubushinjacyaha bukuru bwatangaje icyishe Kizito Mihigo

Ubushinjacyaha Bukuru bwatangaje ko bwakiriye raporo yakozwe ku iperereza ku rupfu rwa Kizito Mihigo rwabaye ku wa 17 Gashyantare 2020 muri kasho ya Polisi, bigaragara ko yapfuye yiyahuye mu mugozi.

Mu itangazo bwashyize ahagaragara, Ubushinjacyaha buvuga ko bwakiriye raporo ikubiyemo ibyavuye mu iperereza ry’aho urwo rupfu rwabereye, raporo y’isuzuma ry’umurambo yakozwe na Rwanda Forensic Laboratory n’ibyavuye mu ibazwa ry’abantu batandukanye.

Bwakomeje buti “Iperereza ry’aho urwo rupfu rwabereye rigaragaza ko umurambo wa Bwana Kizito Mihigo wasanzwe umanitse muri grillage y’idirishya ry’icyumba yari afungiyemo, uhambiriye mu ijosi n’umugozi ukozwe mu gice cy’ishuka yiyorosaga.”
“Raporo y’isuzuma ry’umurambo yakozwe na Rwanda Forensic Laboratory igaragaza ko icyateye urwo rupfu ari ukubura umwuka, gushobora guterwa no kuba yariyahuye yimanitse.”

@igicumbinews.co.rw