Uganda: Internet yasubijweho nyuma y’amatora

Mu gitondo uyu munsi ku wa mbere abaturage banditse ubutumwa bunyuranye ku mbuga nkoranyambaga bishimira ko babashije gusubira ku murongo wa internet.

Ni nyuma y’iminsi ine bari mu mwijima w’iri tumanaho rikoreshwa ku isi hose kubera amatora.

Gusa imbuga nkoranyambaga ziracyafunze, abazigeraho baraca ku murongo wa internet wihariye wa ‘virtual private network’ (VPN).

Gufunga internet bikozwe na leta byanenzwe cyane n’ibihugu bimwe na bimwe hamwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.

Perezida Yoweri Museveni yatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi hafi 59%, yatorewe manda ya gatandatu.

Kuwa gatandatu, Museveni yavuze ko amatora yabaye mu bwisanzure no kutabogama, avuga ko yishimiye ibyayavuyemo.

Gusa mukeba we Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine muri muzika, yamaganye ibyayavuyemo avuga ko aziyambaza inkiko.

Abapolisi baracyari ku rugo rwa Bobi Wine no ku cyicaro cy’ishyaka rye kuva kuwa gatandatu. Bobi avuga ko yafungiwe iwe mu rugo ndetse nta wemerewe kumugeraho.

Umunyamakuru wa BBC i Kampala avuga ko muri uyu mujyi hakiboneka abapolisi n’abasiriakre benshi ku mihanda, ndetse no mu yindi mijyi mu gihugu.

@igicumbinews.co.rw