UN: Antonio Guterres aravuga ko Coronavirus yazamuye Inkubiri y’urwango no kuzira abanyamahanga

Muri iki gitondo umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye Antonio Guterres yatanze ubutumwa buvuga ko iyi virus yabaye icyorezo “yazamuye tsunami y’urwango no kuzira abanyamahanga”.

Nta gihugu yatunze urutoki, gusa Bwana yasabye “abantu bose gushyira hamwe” bagahagarika amagambo y’urwango ku isi” muri iki gihe.

Ibikorwa birimo urugomo n’amagambo y’urwango kubera iki cyorezo byibasiye abanyamahanga, abatwara imodoka z’ubwikorezi, abaganga, impunzi n’abandi, byabonetse no mu karere k’ibiyaga bigari.

Bwana Guterres yasabye ibigo bitanga ubumenyi kwibanda ku gutanga ubumenyi ku ikoranabuhanga “muri iki gihe miliyari z’urubyiruko ziri kuri murandasi aho abahezanguni bashaka kurusanga bakaruyobya”.

Yasabye itangazamakuru na ba nyiri imbuga nkoranyambaga gusiba amagambo “y’irondaruhu, ayibasira abagore n’ayandi yose y’urwango”.

Ati: “Ndasaba buri wese, buri hamwe, guhaguruka akamagana urwango agaha icyubahiro buri wese”.

Avuga ko muri iki gihe abantu bari kurwana n’icyorezo bicyenewe cyane ko “abantu barengerwa, barindwa kunenwa bakanarindwa urugomo”.

@igicumbinews.co.rw