Urunturuntu muri Rayon Sports umwe mu bayobozi bakuru areguye

Umunyamabanga w’Akanama nkemurampaka ka Rayon Sports witwa Eng Ereneste Nsangabandi yeguye mu gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu taliki 06, Gicurasi, 2020. Avugo ko yeguye kubera ko Rayon Sports muri iki gihe itari guha abafana ibyishimo, kudaha ikizere abakikugiriye, umwuka mubi hagati ya Rayon n’abafatanyabikorwa n’ibindi…

Rayon Sports iravugwamo ibibazo

Mu ibaruwa Eng Nsangabandi yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports na Igicumbi News ikayibonera kopi natwe tukayibasangiza, avuga ko ikindi cyatumye cyatumye yegura ari uko Komite yari abereye umunyamabanga atakizuza inshingano zayo uko bikwiye.

Uyu mugabo yeguye mu gihe hari ukutumvikana hagati y’ubuyobozi bwa Rayon n’ubuyobozi bw’abafana.

Ku wa Kabiri taliki 05, Gicurasi, 2o20 ubuyobozi bw’abafana bwandikiye Perezida wa Rayon Sadate Munyakazi bumusaba kwitaba Komite y’abafana akabaha ubusobanuro ku ngingo zitandukanye harimo kubasobanurira uko ikipe ibanye n’abafatanyabikorwa, ubuzima bw’ikipe muri rusange n’ibindi.

Ibi baruwa yanditswe nyuma yuko SKOL nk’umufatanyabikorwa ihaye ubufasha abakinnyi burimo ibyo kurya n’amafaranga ikabikora itabimenyesheje ubuyobozi bwa Rayon Sports. 

BIZIMANA Desire/Igicumbi News